Hatashywe Ikigo Cy’Icyitegererezo Mu Kurwanya Ibyaha By’Ikoranabuhanga

Umunyamabanga Mukuru wa Polisi mpuzamahanga Jürgen Stock yifatanyije n’Inzego z’ubutabera n’umutekano mu Rwanda mu gikorwa cyo gufungura inzu ngari irimo ikoranabuhanga ry’icyitegererezo mu gutahura, gukumira no kugenza ibyaha by’ikoranabuhanga mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

Minisitiri w’ubutabera Dr.Emmanuel Ugirashebuja niwe wafunguye ku mugaragaro iyi nyubako iri ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Nyuma yo gufungura ku mugaragaro iyi nyubako, we n’abandi bashyitsi basuye ibice bitandukanye by’iki kigo birebana no gutahura, gukumira no kugenza ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye yashimye imikoranire imaze igihe hagati y’urwego ayoboye na Polisi mpuzamahanga mu gutahura no gufata abanyabyaha.

IGP Namuhoranye avuga ko u Rwanda ruzakomeza gukorana n’amahanga mu bikorwa bya gipolisi byo guhangana n’abahungabanya umutekano.

Umunyamabanga Mukuru wa Polisi mpuzamahanga Jürgen Stock avuga ko ikigo ayoboye kimaze igihe kirekire gikorana n’u Rwanda mu kugenza ibyaha.

UBUREZI.RW

Sangiza abandi inkuru

UBUREZI TV
IBIZAMINI BYAKERA