REB yasabye abanyeshuri guharanira icyo bazaba cyo

Urwego rw’Igihugu rushinzwe uburezi bw’ibanze, REB  rwatangiye  igikorwa  cyo kugaragaza  icyo abanyeshuri bifuza ku zaba mu gihe kiri imbere, aho bibukijwe ko kugira ngo ibyo bifuza bizagerweho  bagomba kubiharanira   biga neza amasomo yabo, kandi  bagahora bazirikana icyo bahisemo kuzaba mu gihe kiri imbere.

Ku ishura rya G.S Camp Kigali  kuri uyu wa 5 Kamena  2024, abanyeshuri bo mu bigo bitandukanye byo mu Karere ka Nyarugenge  nibwo bamuritse bimwe mu byo bakoze bifuza kuzakora bashoje amasomo yabo. Mu gikorwa cyari gifite inganyamatsiko igira iti “Inzira yanjye, umusaruro ungeza ku cyo nifuza.”

Bamwe mu banyeshuri bitabiriye iki gikorwa bavuze ko  guhabwa umwanya wo kugaragaza icyo bifuza kuzaba, byabanejeje kandi bazakomeza kugiharanira.

Cyubahiro Elias  wiga mu mwaka wa gatanu  MPC  ku ishuri Lycée de Kigali, yavuze ko guhabwa umwanya wo kugaragaza icyo bifuza kuzaba mu gihe kiri imbere bimwongeye imbaraga  mu gukomeza kugiharanira .

Ati  “Byamfashishije kwaguka mu mutwe kuko nahuye n’abandi banyeshuri batandukanye  kandi nize byinshi nshobora kongera ku byo nari mfite  nifuza kuzakora  mu gihe kizaza. Na none iki gikorwa cyampaye icyizere cy’uko leta yacu idushigikiye, kuko batuboneye umwanya wo kugaragaza inzozi zacu.”

Gasasira Irakoze Constance wiga kuri College Saint Andre Nyamirambo, mu mwaka wa gatandatu  mu ishami rya MPC, avuga ko yatangiye gutekereza ku cyo azakora akiri umwana kuko yakundaga cyane ibintu bijyanye  n’ikoranabuhanga.

Ati “Njya  mu ikoranabuhanga  nuko nabonye ko  ikoranabuhanga ari intwaro ababisha bakoresha  bashaka kugira ngo urubyiruko rusigare hasi, none ho nzarikoreshe  bitandukanye n’ibyo, ndikoreshe nzamura urubyiruko  nkoresha porogarama zifasha urubyiruko kungukira mu ikoranabuhanga.”

Mu myuga abanyeshuri berekenye, harimo abifuza kuzaba  abaporisi abasirikare, abacuruzi, abashaka gutwara indege,  abaganga, abarimu, abayobozi, abakozi muri banki n’ibindi bitandukanye kuko buri munyeshuri yamuritse icyo yifuza bitewe n’inzozi ze.

Umuyobozi w’Urwego  rw’Igihugu rushyinzwe  uburezi bw’ibanze REB, Dr. Mbarushimana Nelson,  yabwiye abayobozi b’ibigo, abarimu ndetse n’ababyeyi ko iki gikorwa  atari uguhitamo intego gusa, ahubwo  ari urugendo rwo gufasha abanyeshuri, abana kumenya imbamutima zabo, ibyo bakunda kurusha ibindi ndetse n’impano bifitemo.

By’umwihariko yavuze ko ari byo bishingirwaho mu gufata ibyemezo byahazaza bakarushaho kureba kure bagahangana n’imbogamizi bahura nazo mu myigire yabo no mu buzima bisazwe.

Ati “Iyo abanyeshuri bumva neza impamvu bahisemo amasomo yabo n’icyo bizabamarira ndetse n’igihugu muri rusange, ibi bibakundisha ishuri ntihaboneke abarivamo imburagihe.”

“Murabizi mwese ko igihugu cyacu cyihuta mu Iterambere bityo hakenewe abakozi benshi bakora ibyo bize neza kandi batiganda,  niyo mpamvu abayobozi b’ibigo by’amashuri, abarezi, abarimu, ababyeyi ndetse n’abandi bafatanya bikorwa   ni  uruhare rwacu gushyiraho gahunda ihamye mu gufasha abanyeshuri   guhitamo amasomo biga n’umwuga bifuza kuzakora.”

Dr.Nelson Mbarushimana yagaragaje ko iki gikorwa cyatangijwe ku rwego rw’igihugu,  kandi kizaba igikorwa ngaruka mwaka aho mu mwaka wa mashuri   utaha  bizakorwa mu turere twose ariko bikorwe no mu rwego rw’igihugu.

Abana bato bafite inzozi zo kuba Ingabo z’Igihugu
Bagaragaje inzozi zabo ntawuhejwe
Bamwe mu banyeshuri bagaragaje inyota yo kuba abaganga

TUYISHIME Olive/IMYIGIRE.RW

Sangiza abandi inkuru

UBUREZI TV
IBIZAMINI BYAKERA