Hatangajwe imfashanyigisho izafasha abahungu gukura bubaha bashiki babo

Umuryango InterPeace ku bufatanye na RWAMREC batangaje imfashanyigisho igenewe abagabo n’abasore kugira ngo bamenye uko imyifatire ikwiye mu mibanire yabo n’abakobwa cyangwa abagore igerwaho.

Ni igitabo kigizwe na paji 280, gikubiyemo amakuru y’ubushakashatsi agaragaza uko abagabo cyangwa abasore bitwara mu mirere itandukanye n’uko bakwiye kwitwara mu gihe bari kumwe n’abagore cyangwa abakobwa.

Iyo mfashanyigisho yerekana icyo uburinganire ari cyo, ibituma buhungabana ndetse n’ibikorwa ngo bugire ubusobanuro buboneye kandi kuri bose.

Bayise Curriculum: Positive Masculinity And Positive Parenting’.

Mu ijambo ry’iriburiro ryacyo, handitsemo ko hari ibintu bikibangamiye ubwuzuzanye n’imirerere iboneye( positive parenting) birimo ibishingiye ku myumvire ya karande mu Banyarwanda y’uko abahungu ntaho bahuriye n’abakobwa.

Ni imyumvire, nk’uko bivugwa muri iki gitabo, ituma umuhungu akura asuzugura bashiki be, cyangwa akazaba umugabo utajya utega amatwi uwo bashakanye.

Imibare ivuga ko ihohoterwa ryakorerwaga abagore hagati y’umwaka wa 2014/2015 wari 40% ariko uza kugera kuri 46% mu mwaka wa 2019/2020.

Ikibabaje ni uko mu bagore bose bahohoterwa, abagera kuri 43% gusa aribo baregera iryo hohoterwa.

InterPeace nk’Umuryango uharanira ko abantu bose babana mu mahoro, uvuga ko bakoze uko bashoboye bagerageza kunga abagize imiryango bahoze babanye nabi.

Ni ubwiyunge bugerwaho binyuze mu biganiro bikorwa ahantu hatekanye( safa space), aho umugabo n’umugore bahuzwa bakaganira ku bibatanya.

Ibiganiro bahahererwa bituma buhoro buhoro bagera ku mubano uboneye, bigatuma bongera gukora bakiteza imbere.

 

UBUREZI.RW

Sangiza abandi inkuru

UBUREZI TV
IBIZAMINI BYAKERA