Minisitiri Ngirente yagaragaje amasomo ya siyansi nk’inzira yo kugeza u Rwanda mu bihugu bikize

Minisiteri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente  yavuze ko u Rwanda rwihaye intego yo gushora imari  mu burezi  by’umwihariko mu masomo ya siyansi  nk’imwe mu nkingi  yo  kuzamura ubukungu bw’igihugu.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa 1 Gicurasi  2024, ubwo yari yitabiriye inama ya gatatu y’ihuriro ry’abajyanama ba za Guverinoma  mu bya siyansi  yabereye i Kigali.

Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente  yavuze ko u Rwanda  rwahisemo kubakira ubukungu ku burezi  by’umwihariko siyansi  kugira  ngo mu mwaka wa 2050 ruzabe rubarwa mu bihugu bikize ku Isi.

Ati  “Siyansi izagira uruhare rukomeye mu rugendo rugana  ku kuba igihugu  gifite ubukungu buciriritse muri 2035, ndetse no kwinjira mu bihugu bikize muri 2050, ibi bizatuma abanyarwanda bose bagira imibereho myiza .”

Yakomeje agira ati “U Rwanda rufite intego yo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi. Kugira ngo tubigereho twashoye imari mu burezi bw’ibyiciro byose kuva mu mashuri abanza kugera muri kaminuza.”

Minisiteri Ngirente yagaragaje ko  u Rwanda rufite ingamba zo  kubaka ubushobozi bw’abaturage  rutanga amahugurwa akwiye ku ngeri zitandukanye za siyansi  nk’uburyo bwiza bwo gutegura abakozi  bakenewe ku isoko ry’umurimo muri leta ndetse no kubikorera ku giti cyabo.

Ishami ry’ihuriro ry’abajyanama  ba  Guverinoma mu bya siyansi ribarizwa muri Kaminuza y’u Rwanda, biteganyijwe ko hazajya hahurira amahuriro atandukanye  yo mu karere, hakaba igicumbi abanyafurika bavomamo ubumenyi mu bya siyansi.

Minisiteri w’Uburezi Twagirayezu Gaspard, ashimangira ko  kuba u Rwanda rwarinjiye muri iri huriro  abarezi n’abashakashatsi   bo muri kaminuza bungukiyemo byinshi.

Ati “Bakora ubushakashatsi butandukanye bujyanye no kugira inama Guverinoma mu  byo yakora   kugira ngo dushobore kwinjiza siyanse  cyangwa ibishingiye ku bumenyi muri politike dushyiraho nka Guverinoma .”

Perezida w’ihuriro ry’abajyanama ba za Guverinoma mu bya Siyansi, Prof Remi Quirion, avuga ko iri huriro ryasanze mu bihugu bya  Afurika na Amerka y’Amajyepfo hari amahirwe yuko abakozi baba ari abantu bakiri bato .

Ati “U Rwanda  rufite abaturage bakiri bato ugereranije na kanada aho abantu benshi usanga bari munsi y’imyaka 60, ni imbaraga zikomeye ariko bagomba guhabwa uburezi , baba babikunze bakiga siyanse , ku buryo bacukumbura ibyerekeye siyanse bakazabona imirimo itandukanye  mu burezi.”

U Rwanda rwihaye intego ko mu 2035 ruzaba rufite ubukungu buciriritse, aho umunyarwanda azaba yinjiza 4,036$ ku mwaka   akazazamuka  akagera ku  bihumbi 12 by’amadorali ku mwaka mu 2050.

Abajyanama ba za Guverinoma mu bya Siyansi bateraniye mu Rwanda

TUYISHIME Olive/IMYIGIRE.RW

Sangiza abandi inkuru

UBUREZI TV
IBIZAMINI BYAKERA