Rwanda: Gukoresha ikoranabuhanga mu burezi bigeze kuri 59%

U Rwanda  rurakataje mu kwimakaza ikoranabuhanga mu burezi, aho kuri ubu ikoranabuhanga mu mashuri rigeze ku gipimo cya 59%.

Nk’uko  bigaragazwa n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe uburezi bw’ibanze, REB intego nuko mu mashuri hose hazaba hari ikoranabuhanga bitarenze uyu mwaka wa 2024 mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi bw’u Rwanda.

Umuyobozi w’agateganyo w’ishami ry’ikoranabuhanga mu rwego rw’igihugu rushinzwe uburezi bw’ibanze, REB, Sengati Diane avuga ko hari intambwe ikomeje guterwa nk’aho ibigo by’amashuri 1,300 bigerwaho n’umuyoboro wa Internet wa 4G.

Ati “ Kugeza murandasi mu mashuri bigeze hejuru ya 42%, aho amashuri arenga 1300 ari kuri murandasi y’ubwoko  bwa 4G,  amashuri agera kuri 49 akoresha Fiber Optic, hakaba hari andi mashuri  50 akoresha murandasi  ituruka kuri saterite (satellite) bita STARLink akaba  ariyo yahereweho mu igeragezwa nyuma andi mashuri  500 niyo azahabwa  iyi  murandasi  kandi tukazibanda   ku mashuri ari mu byaro  no mu nkengero z’imijyi.”

Akomeza agira ati“Hari umushinga witwa smart education  dukorana na Minisiteri  y’Uburezi  aho amashuri arenga 1400  azaba yagejejwemo  murandasi mu buryo buhendutse.  Hari undi mushinga witwa  GIGA  twatangiye ku bufatanye  na UNICEF aho amashuri 63  yo mu nkambi zitandukanye  yagejejwemo  murandasi yo mu bwonko bwa 4G.”

Uyu muyobozi ashishikariza abanyeshuri bakoresha murandasi  kutarangazwa n’amakuru  atandukanye  atajyanye  no kwiga agaragara ku mbuga nkoranyambaga.

Kwihutisha gushyira ikoranabuhanga mu mashuri arimo ayisumbuye n’abanza bikazafasha umunyeshuri mu myigire ye,  aho abona imfashanyigisho   zitandukanye  bitamugoye kandi akazibona  mu gihe gito. Aho bafashwa kubona ibitabo bifashishije murandasi ndetse gukora ubushakashatsi bikihutishwa mu banyeshuri.

Ku rundi ruhande, abayobozi b’ibigo by’amashuri murandasi   ibafasha  gukoresha sisiteme ya SDMS   ibafasha mu gucunga neza abanyeshuri  ni ya TMIS  ibafasha  mu gucunga abarezi umunsi ku munsi.

Minisiteri y’Uburezi  ikaba irajwe ishinga  no kuzamura  ireme ry’uburezi, imyigire n’imyigishirize  ikoresheje ikoranabuhanga  mu mashuri yose mu Rwanda, aho byitezweko bizagerwaho bitarenze uyu mwaka wa 2024.

U Rwanda rurakataje mu kwimakaza ikoranabuhanga

TUYISHIME Olive/IMYIGIRE.RW

Sangiza abandi inkuru

UBUREZI TV
IBIZAMINI BYAKERA