Abarangije ayisumbuye muri ESSI Nyamirambo basabwe kugira umwete no gukomera ku ndangagaciro

Abagera kuri  69  basoje amashuri ayisumbuye mu ishuri rya ESSI Nyamirambo basabwe gukomeza kurangwa n’umwete n’ishyaka ndetse bagakomera ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda.

Hari mu birori byo gushima Imana no gushikiriza impamyabumenyi abanyeshuri   69 basoje  umwaka w’amashuri 2022/2023, byabereye ku ishuri ESSI Nyamirambo ku wa 19 Mata 2024.

Aho abasoje amasomo basabwe gukomeza kurangwa n’indangagaciro  n’imyitwarire iboneye mu rwego rwo guhesha ishema igihugu.

Umuyobozi  w’ishuri  ESSI Nyamirambo, Ntamuturano Abdoul yavuze ko ubumenyi bugomba kuzuzanya n’indangagaciro ndetse n’imyitwarire iboneye mu rwo guhesha ishema Igihugu.

Ati  “Murasabwa kutarangamira impamyabumenyi gusa kuko ubumenyi budaherekejwe  n’indangagaciro buba imfabusa. Uyu munsi mubonye urufatiro n’urufunguzo ruzabafasha kugira ngo  mwinjire  mu mashuri atandukanye ya kaminuza , bityo ubumenyi bwanyu bukomeze bwiyongere.”

Abanyeshuri bahawe izi mpamyabumenyi nabo bashimangiye ko babonye amahirwe yo kuzakomeza kuzamura ubumenyi  biga muri za Kaminuza zitandukanye.

Ingabire Evelyane  usoje mwishami rya MCE (Mathematics, Chemistry and Economics)  yagize ati  “Imbere yanjye ni heza  kuko mfite inzozi zo  kuzavamo umuntu ukomeye,  ngiye kongera ubumenyi muri kaminuza kugirango nzatange umusanzu wo kubaka  gihugu.”

Hategekimana Yussuf, yemeza ko  ubumenyi  bavanye  ku ishuri  bazabubyaza umusaruro uko bishoboka.

Ati  “Imbaraga zanjye n’ubumenyi nahawe niteguye kubikoresha neza  kugirango njye n’abanyarwanda  tuzakomeze dutere imbere.”

Ababyeyi, abarimu n’abarezi ba ESSI Nyamirambo  bashimiwe ubwitange baragaje mu kwita ku banyeshuri n’umuyobozi w’Ikigo ndangamuco  wa kislam cya Kigali, Abdellatif  Oulad Aouid iri shuri riherereyemo.

Ati  “Mbashimiye  ubwitange mwagaragaje  mu gukurikirana abanyeshuri   bakaba baratsinze neza  bafite amanota meza,  ni iby’agaciro ku kigo cya ESSI Nyamirambo, ndetse byerekana ireme ry’uburezi.”

Ecole Secondarie Scientifique  Islamique Nyamirambo,  yashinzwe mu 1984, ikaba yijihije ibirori byo gutanga impamyabumenyi ku nshuro ya 29  kur’iyi ncuro hatanzwe impamyabumenyi ku banyeshuri 69 basoje ayisumbuye umwaka wa mashuri 2022/2023.

Abagera kuri 69 basoje amashuri ayisumbuye mu ishuri rya ESSI Nyamirambo

TUYISHIME Olive/IMYIGIRE.COM

Sangiza abandi inkuru

UBUREZI TV
IBIZAMINI BYAKERA