Minisiteri y’Uburezi yasabye ibigo by’amashuri kwita ku isuku y’amafunguro bagaburira abana

Minisiteri y’Uburezi  yasabye abayobozi b’ibigo by’amashuri n’abandi    bose bagira uruhare mwitegurwa  ry’amafunguro abanyeshuri bafatira ku mashuri kwita ku isuku yabyo.

Ni ubutumwa MINEDUC yabushyize ahagaragara kuri uyu 17 Mata 2024, aho bibukije  ko isuku  ari ingenzi  mu itegurwa ry’amafunguro y’abanyeshuri.

Umuyobozi w’agateganyo  w’ishami rishinzwe gahunda  yo gufatira ifunguro ku ishuri muri Minisiteri y’Uburezi, Mukamugambi Theophila, yavuze ko abayobozi b’ibigo by’amashuri bagomba kwita cyane ku isuku y’amafunguro y’abanyeshuri.

Ati  “Abayobozi b’ibigo by’amashuri ndetse n’abandi bagira  uruhare muri iyi gahunda  barashishikarizwa gukurikiza amabwiriza  cyane cyane hibandwa ku isuku.  Duhereye ku yo mu bubiko bw’ibiribwa, mu gikoni ndetse no mu gutegura  neza ibikoresho bifatirwaho amafunguro.”

Umuyobozi wa G.S Kigali  avuga ko bazi neza uko bagomba kwita ku isuku y’amafunguro y’abanyeshuri.

Yagize ati “Tugomba kubanza tugatunganya  ububiko bwacu  tukayikorera amasuku,  ndetse tugategura aho tugomba gutereka ibirirwa  byacu   ku buryo bunoze.”

Akomeza avuga ko  abashinzwe gutekera abanyeshuri ari ngombwa kumenya uko  bahage ku buryo nta ndwara bafite zishobora kugira ingaruka ku bana.

Agira ati “Abashinzwe guteka bagomba kuba baripimishize za ndwara zandura  hakamenywa uko bahagaze, kugira ngo  ubuzima bw’abanyeshuri   busigasirwe.”

Umuyobozi wa G.S Kimironko ya 1, Habanabashaka Jean Baptiste yavuze ko   mbere y’uko batangira guteka ba ngomba kubanza bagakora amasuku  yaho bagiye gutegurira abafunguro ya  y’abanyeshuri.

Habanabashaka  yakomeje  avuga ko n’abanyeshuri nabo bagomba kugira uruhare mu isuku.

Ati “Abana  ntitugomba kubarera bajeyi niyo mpamvu abana nabo  bagira uruhare mu gukora isuku yaho baririye  nibyo baririyeho,  isuku ni ngomba haba ku ruhande rwa babyeyi  ku ruhande rwa banyeshuri  ndetse n’abagira uruhare bose mwitegurwa rya mafunguro.”

Umuyobozi w’agateganyo  w’ishami rishinzwe gahunda  yo gufatira ifunguro ku ishuri muri Minisiteri y’Uburezi, Mukamugambi Theophila  ashimangira ko umwana wariye neza ku ishuri bimufasha kwiga neza.

Yagize ati “Iyo umunyeshuri yariye neza yiga neza , atekereza neza,  kw’iterambere rye ari naryo terambere  ry’igihugu cyacu muri rusange.”

Muri uyu mwaka w’amashuri wa 2023-2024, Minisiteri y’Uburezi na Guverinoma y’u Rwanda bageneye gahunda yo kugaburira abana ku ishuri ingengo y’imari ya miliyari 90 Frw avuye kuri Miliyari 78 Frw zari zashyizwemo umwaka ushize.

Ibigo by’amashuri basabwe kunoza isuku y’amafunguro y’abana

TUYISHIME Olive/IMYIGIRE.RW

Sangiza abandi inkuru

UBUREZI TV
IBIZAMINI BYAKERA